š·š¼āØ Uko Munyakazi Sadate Abona Visit Rwanda Ihindura Isura yāu Rwanda ku Ruhando Mpuzamahanga š no Mu Bukerarugendo āļøšļø
Inshuti yāurubyiruko, Munyakazi Sadate, yagarutse ku ruhare rwa gahunda ya Visit Rwanda mu guhindura isura yāu Rwanda ku rwego mpuzamahanga no guteza imbere ubukerarugendo, ndetse anasobanura uburyo imyumvire imwe yāAbanyaburayi ku mugabane wāAfurika ikomeje kuranga bamwe, ariko na none igahinduka ku Rwanda kubera ibikorwa birambye mu kumenyekanisha igihugu.
Mu myaka myinshi ishize, u Rwanda rwabaye kimwe mu bihugu bya Afurika byashoboye guhindura imyumvire nāisura mu maso yāamahanga mu buryo bugaragara. Iyo unyuze mu bihugu bitandukanye byāi Burayi cyangwa Amerika, ukaganira nāabaturage baho ku bijyanye nāu Rwanda, usanga hari icyahindutse: igihugu gito, gifite amateka akomeye, ariko cyabashije kwiyubaka no kwigaragaza mu rwego rutamenyerewe ku bihugu byo mu karere.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X (Twitter), Sadate yavuze ko yagiye atembera mu bihugu bitandukanye byāi Burayi, agasanga abaturage benshi bataramenya neza Afurika, batayibona nkāumugabane ugizwe nāibihugu bifite imiterere nāibikorwa bitandukanye, ahubwo bamwe bayifata nkāigihugu kimwe cyugarijwe nāamakuba. Gusa ngo iyo myumvire ihinduka iyo bigeze ku Rwanda.
Visit Rwanda ihindura ishusho yāu Rwanda
Munyakazi ashimangira ko gahunda ya Visit Rwanda yagize uruhare rufatika mu guhindura uko u Rwanda rwafatwaga. Avuga ko iyi gahunda yafashije abanyamahanga kumenya u Rwanda nkāigihugu gifite umuco, amateka nāumurage , ndetse na serivisi ziteye imbere ku rwego rwo hejuru mu bukerarugendo.
Sadate mu butumwa bwe yibukije amagambo Perezida Paul Kagame yavuze ku wa 1 Mata 2024 mu kiganiro nāitangazamakuru, ubwo yasubizaga ikibazo cyāumunyamakuru wari watangaje ko hari abatabariza impamvu u Rwanda rwakorana nāamakipe akomeye yo mu Burayi. Perezida Kagame icyo gihe yavuze ko abo bibaza ibyo āari injijiā, ashimangira ko bidafatika kuvuga ko u Rwanda rutera inkunga ayo makipe, ahubwo ko ari ubufatanye bufitiye inyungu impande zombi.
Imibare ishimangira inyungu zāubufatanye
Munyakazi Sadate agaragaza ko ku mwaka wa mbere wāimikoranire ya Visit Rwanda nāamakipe akomeye, ubukerarugendo bwāu Rwanda bwazamutse ku gipimo cya 17% mu 2019, bukinjiza miliyoni 498$ ugereranyije na miliyoni 425$ mu 2018. Abaturutse mu Bwongereza biyongereyeho 17%, naho abaturutse mu Burayi muri rusange biyongera 22%. Nk’uko imibare ya RDB ibigaragaza
Intandaro yāiyi mpinduka, nkāuko abivuga, ni uko igihugu cyashoboye gusesa imyumvire yari ishingiye ku makuru atariyo ku Rwanda.
Yongeraho ko icyatunguranye ari uko nubwo u Rwanda rwamamarizaga cyane mu Bwongereza no mu Burayi, abakerarugendo benshi basura u Rwanda baturuka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibi ngo byatumye icyerekezo cya Visit Rwanda cyaguka, gishyira imbaraga mu bufatanye na siporo yo muri Amerika nko muri NBA ndetse no mu mukino wāamagare.
Intego nshya zāubukerarugendo
Ku rwego rwāigihugu, u Rwanda rwinjije miliyoni 647$ mu 2024 avuye mu bukerarugendo, mu gihe intego ari uko aya mafaranga azagera kuri miliyari 1$ mu 2029. Munyakazi avuga ko ibi bishoboka kuko hari icyerekezo gihamye nāubuyobozi bufite icyerekezo.
Sadate asaba urubyiruko gushyigikira ubuyobozi

Munyakazi asoza ubutumwa bwe agaragaza ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho bituruka ku buyobozi bwiza bwa Perezida Paul Kagame, amushimira kuba yarahagaritse Jenoside, akubaka ubumwe bwāAbanyarwanda, agahesha igihugu icyubahiro. Abwira urubyiruko ko rugomba gukomera ku cyerekezo cyāigihugu, no gushyigikira ibikorwa biteza imbere u Rwanda.
By Hadjara NSHIMIYIMANA

