Tera story n’igisubizo kirambye kubaganira n’inshuti zabo igihe kirekire

Mu rwego rwo gukomeza  guha abakiriya bayo serivise nziza kandi  ihendutse   sosiyete yitumanaho ya Airtel Tigo  yatangije  gahunda yitwa TERA STORY  Igamije guha abakiriya bayo uburyo bwiza bwo guhamagara   mu buryo buhendutse.

Bamwe baturage  bakoresha  uyu murongo witumanaho  wa AIRTEL TIGO Bavuga ko ubu buryo bashyiriweho buzabafasha  kwisanzura mu kuvugana na bagenzi babo.

Bagize bati"iyiporomosiyo ya tera story ni poromosiyo nziza cyane, natangiye nyigura naguze iya 300 y'iminsi ibiri, ikintu igiye kumfasha ni uguhamagara abantu, abo nahamagazaga 100 akarangira ntamaze kubavugisha, ubu  kubera ko nzajya nkoresha ay'iminsi ibiri, nzajya nyagura babantu nkeneye guhamagara nibigeza nijoro hazajya haba hakiri amasaha yo guhamagara, mbahamagare ntakibazo bizamfasha cyane."

Undi nawe ati" nkimara kumva amabwiriza ya tera story nahise numva ko nzajya nshyiramo amayinite nka kanda*255*4# nkaganira n'inshuti zanjye nta kupa kupa."

Umuyobozi mukuru wa AIRTEL TIGO   Amit Chawla avuga ko  iyi gahunda nshya ya Tera story  na AIRTEL TIGO igiye korohereza abakiriya babo  kujya bahamagarana  nta mpungenge zo gutinya ko ama unite  yabashirana kuko ngo ari uburyo buhendutse.

Yagize ati" Iyi poromosiyo igamije guha abakiriya bacu agaciro, ikabaha umwanya wo kuvugana igihe kirekire bisanzuye bitewe na amayinite umukiriya wacu aba yaguze. Iyi poromosiyo ikubiye mu buryo butatu bitewe n'amahitamo y'umukiriya, hari poromosiyo y'iminsi ibiri, icyumweru, ndetse n'ukwezi. Ibi rero birimo inyungu idasanzwe kuba kiriya bacu ndetse ni n'amahirwe atarigeze abaho mu Rwanda ajyanye n'itumanaho, akaba ariyo mpamvu iyi poromosiyo ari nziza cyane ugereranije n'izindi zigeze kubaho.

MUKANYANDWI M Louise

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *