CECAFA KAGAME CUP 2026: Ikipe ya Gor Mahia fc yayitangiye iha iy’ APR FC isomo rya ruhago ry’ibitego bitanu k’ubusa.
Ibanga riba mu mupira w’amaguru mu isi kuva watangira gukinwa nta rindi n’intsinzi.Turi mu irushanwa rya CECAFA Kagame cup riterwa inkunga na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.Ikipe ya Gor Mahia fc yo muri Kenya yatsinze iy’APR fc murwego rurenze urwo abafana bari biteze.Abatazi umupira w’amaguru uko ukinwa bo bawushakiramo ikinyuranyo bakirengagiza ko nta mukino usa nk’undi.
Kuki Gor Mahia fc yatsinze APR fc ibitego bitanu k’ubusa?uko hanzaha bivugwa:Gor Mahia fc yarushije APR fc ku kigero kirenze .
– Ikipe y’APR FC yatangiye nabi urugendo rwayo muri CECAFA Kagame Cup 2026 nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia fc yo muri Kenya ibitego 5-0 mu mukino wa mbere w’Itsinda A wabereye kuri Stade Amahoro i Kigali.

Uyu mukino wari utegerejwe na benshi nk’uzahuza amakipe abiri akomeye yo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba, warangiye APR FC itabashije guhangana n’umuvuduko ndetse n’imikinire myiza ya Gor Mahia fc
Nyuma y’iminota isaga 30 amakipe yombi akinira hagati mu kibuga, Gor Mahia fc yafunguye amazamu ku munota wa 33 ibifashijwemo na kapiteni wayo Mike Kibwage watsinze igitego cya mbere. Iki gitego cyasize APR FC isa n’iyabuze uko yakina ndetse ntibyayorohera kongera kwisuganya.
Mu gice cya kabiri, Gor Mahia fc yagaragaje ubukana budasanzwe itsinda ibindi bitego bine, birimo ibyatsinzwe n’abakinnyi bashya bayo Paul Okoth na Lesly Otieno ndetse n’abandi bakinnyi bakomeje guhesha iyi kipe intsinzi, bituma umukino urangira ari ibitego 5-0.
Gor Mahia fc yaherukaga gusezerera APR FC mu marushanwa y’Afurika y’amakipe yatwaye shampiyona. APR fc yatsinzwe ibitego byinshi muri CECAFA Kagame Cup.
Ibibazo APR fc ikwiye kwisuzumaho biri ku bakinnyi bayo bagaragaje imbaraga nkeya.
Uyu mukino werekanye intege nke zitandukanye muri APR fc zirimo:
Kudakina neza mu bwugarizi bwatumye Gor Mahia fc. ibona uburyo bwinshi bwo gutsinda.
Kutabasha kurema uburyo bufatika bwo gutsinda ibitego.
Kutumvikana kw’abakinnyi hagati mu kibuga n’ab’ubwugarizi.
Kunanirwa guhangana n’umuvuduko n’igitutu Gor Mahia fc yashyize ku bakinnyi b’APR fc.
Abasesenguzi b’umupira w’amaguru bavuga ko APR fc igifite amahirwe yo kwitwara neza mu mikino isigaye ariko ikaba igomba gukora amavugurura yihuse haba mu mitegurire ndetse no mu buryo bwo gukina.
Gor Mahia fc yohereje ubutumwa ku bahanganye nayo mu kibuga kuko APR fc yatsinzwe ibitego byinshi.

Ku ruhande rwa Gor Mahia fc, iyi ntsinzi n’ubutumwa bukomeye ku makipe yose yitabiriye CECAFA Kagame Cup 2026. Nyuma yo gutsinda ibitego 5-0 mu mukino wa mbere, Gor Mahia fc yahise yigaragaza nk’imwe mu makipe ashobora kugera kure muri iri rushanwa.
Abafana bayo ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri Kenya bishimiye cyane iyi ntsinzi, mu gihe ku ruhande rwa APR fc abafana bayo basabye ubuyobozi bw’iyi kipe gukora isesengura ryimbitse ku byaranze uyu mukino kugira ngo hatazabaho kongera gutsindwa muri ubu buryo.
APR fc iracyafite indi mikino yo mu matsinda igomba gukina, aho izaba isabwa kwitwara neza kugira ngo yizere gukomeza mu cyiciro gikurikiraho cya CECAFA Kagame Cup 2026.
–Buri mufana wese w’ikipe y’APR fc ntabwo yishimiye uko batsinzwe na Gor Mahia fc ,kandi ibitego byinshi.Abafana bandi makipe mu Rwanda bishimiye uko APR fc yatsinzwe ,abandi bakavugako batari bakwiye kwishimira ko yatsinzwe.
Hakizimana Jean Elie

