Bugesera: Abafashamyumvire ba gahunda ya GWIZAMAHORO Programme biyibukije uko batangamo inyigisho z’umuco w’Amahoro

Abarimu 27 baturutse mu bigo by’amashuli 16 bibarizwamo GWIZA AMAHORO CLUB mu karere ka Bugesera, bahuriye mu mahugurway’umunsi umwe kuri Paruwasi ya Ruhuha,biyibutsa uburyo bwo gutangamo inyigisho z’umuco w’amahoro.

Abafashamyumvire muri gahunda ya GWIZA AMAHORO banononsoye uko batanga inyigisho z’umuco w’Amahoro(Photo AJECL)
Abafashamyumvire muri gahunda ya GWIZA AMAHORO banononsoye uko batanga inyigisho z’umuco w’Amahoro(Photo AJECL)

 

Ni amahugurwa yateguwe n’umuryango Association des Jeunnes de Saint Charles

Lwanga(AJECL), muri gahunda yawo yo kwimakaza umuco w’Amahoro, aho kuri uyu

wa kabiri tariki 25 Mata 2023 aba barezi basanzwe ari abafashamyumvire ba GWIZA

AMAHORO CLUB ku bigo bigishaho, bagiye bafata umwanya bakigisha izi nyigisho

imbere ya bagenzi babo.

Bemeza ko nta cyuho kirimo mu buryo batangamo inyigisho, ariko kandi ngo biba

bikwiye ko bahura bakiyibutsa kuko bibafasha kurushaho kunoza izi nyigisho, ku buryo

bizera ko nizitangwa neza kandi zikagera kuri benshi nta kabuza umuco w’Amahoro

uzasakara hose, bityo ihangana rirwana ntirizongere kubaho, byumwihariko bavuga ko

nta ngengabitekerezo ya genocide izongera kubaho bihereye muri iki kinyejana cya 21.

Ugirumurera Marrie Grace, ni umwarimu mu rwunge rw’amashuli rwa Nziranziza mu

murenge wa Shyara, agira ati “biratuma tuvugurura uburyo twari tuzi n’uburyo

twatangagamo inyigisho z’Amahoro, bityo dukomeze guhindura imyumvire y’urubyiruko

ruzagire ikinyejana cya 21 ikinyejana cy’Amahoro, izi nyigisho zirakungahaye kuko

zikwereka uburyo ushobora kwitwaramo ku buryo n’iyo wahura n’ibibazo(amahwa) bya

bibazo ubyifashisha mu gushaka ibisubizo mbese ya mahwa ukayihanduza, tukizera ko

nizigera kuri benshi nta kabuza igihugu cyacu kizaba igihugu cyiza ndetse bigere no mu

bihugu duturanye ”

Ugirumurera Marrie Grace yigisha ku rwunge rw’amashuli rwa Nziranziza mu murenge wa Shyara (Photo AJECL)
Ugirumurera Marrie Grace yigisha ku rwunge rw’amashuli rwa Nziranziza mu murenge wa Shyara (Photo AJECL)

 

Mugenzi we Ntabanganyimana Anaclet wigisha ku rwunge rw’amashuli rwa Mayange B

mumurenge wa Mayange, na we agira ati  “amahugurwa nk’aya aradufasha

gucengeza neza izi nyigisho mu bana turusheho kubishimangira babisobanukirwe neza,

nitugira amahirwe zikagera kuri benshi, tuzagira u Rwanda twifuza rutarangwa

n’ibyatambutse mu kinyejana cyatamutse cya 20 aho abantu batari bisobanukiwe

bagakora genocide, kandi utisobanukiwe ntasobanukirwa na mugenzi we ngo amuhe

agaciro nk’Umuvandimwe we”

Ntabanganyimana Anaclet yigisha ku rwunge rw’Amashuli rwa Mayange B(Photo AJECL)
Ntabanganyimana Anaclet yigisha ku rwunge rw’Amashuli rwa Mayange B(Photo AJECL)

Aba barezi ariko barasaba ko umwanya inyigisho z’umuco w’Amahoro zahabwa

umwanya uhagije muri gahunda z’amashuli, kuko udafite amahoro nta n’ikindi

yageraho.

Barakagwira Felecite ni umurezi mu rwunge rw’amashuli rwa Ndama mu murenge wa

Kamabuye, agira ati “uyu mushinga AJECL urazwi mu gihugu kuko ukorana

n’urubyiruko muri izi nyigisho, izi nyigisho turifuza ko mu mashuli zajya zigishwa

nk’isomo zigafata kuko byarushaho kubaka urubyiruko rwubakiye ku bumwe

n’ubwiyunge mbese Amahoro arambye”

Barakagwira Felicite yigisha ku rwunge rw’amashuli rwa Ndama mu murenge wa Kamabuye
Barakagwira Felicite yigisha ku rwunge rw’amashuli rwa Ndama mu murenge wa Kamabuye

Ku ruhande rw’umuryango Association des jeunnes de Saint Charles Lwanga(AJECL),

uwashinze uyu muryango ari we Padiri Iyakaremye Theogene, avuga ko byibura buri

kigo cy’amashuli kibarizwamo amatsinda ya GWIZA AMAHORO kigomba kugira

abarimu babiri bafasha abandi kuri izi nyigisho, aba bakaba ari nabo bagira uruhare mu

gushinga aya matsinda mu bigo begeranye bityo bikazagera mu bigo byose.

Padiri agira ati “iyi nzira twanyuzemo mu mashuli yisumbuye unakurikije ko ibarura

ryagaragaje ko umubare munini w’abanyarwanda ari urubyiruko kandi urubyiruko

rwinshi ruri mu mashuli, icyo wigishirije mu mashuli kigera ku bantu benshi kandi

icyarimwe, muri iyi gahunda rero buri kigo kigomba kugira abarimu nibuze babiri

babikunze, ikigo bituranye nacyo kigasaba ko hashingwaho izi Club, ba barimu rero

nibo bazajya babafasha mu guherekeza za club, kikaba ari cyo nk’umuryango AJECL

dushyize imbere kugira ngo iyi gahunda igere ahantu henshi”

Inyigisho z’umuco w’Amahoro umuryango AJECL uzitezeho kubaka u Rwanda ruzira

ihohoterwa, kuko uyu muryango muri gahunda yawo ari uko urubyiruko rugomba

gukurana indangagaciro z’amahoro aho kumva ko ibibazo byose bicyemurwa no

kurwana, ku buryo mu minsi iri imbere bitashobokera uwo ari wese kugira icyo

ashukisha urubyiruko ngo arushore mu nzangano nk’izashoye abanyarwanda muri

genocide yakorewe abatutsi mu 1994.

Ikirango cya AJECL

Padiri akomeza agira ati “muri iki kinyejana cya 21 ni uko urwo rubyiruko ruzavamo

abaturage b’iki gihugu mu myaka iri imbere, ibyo batozwa ari bato ni byo bizaranga

ubuzima bwabo kandi ni byo bazaha abazabakomokaho, ibyo rero bikazatuma igihugu

kigira abaturage basobanutse, batari ba bandi umuntu akoresha ibyo ashatse mu gihe

abishatse, batari ba bandi bakurana inzika ahubwo bagakurira mu muco w’Amahoro”

Inyigisho nk’izi zimakaza amahoro, amakuru twahawe na Paul Rukesha muri Minisiteri

y’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu MINUBUMWE, ariko ni uko

 

mu kozongeramo imbaraga kugira ngo zigere kuri benshi, iyi Minisiteri iri kongera

ubufatanye n’imiryango itanga izi nyigisho mu bikorwa byayo, hagatangwa ubujyanama

hamwe n’ubundi bufasha butandukanye.

Bwana Paul Rukesha agira ati “turi kugenda tugirana ubufatanye mu bikorwa by’iyi

miryango bitandukanye, haba mu bujyanama no mu bikorwa byabo igihe babidusabye,

kuko twese ikiturangaje imbere ni ukubaka u Rwanda rw’Amahoro”

Umuryango Association des Jeunnes de Saint Charles Lwanga washinzwe mu 2004,

abamaze kunyura mu matsinda ya GWIZA AMAHORO barasaga 1600, kuri ubu hakaba

hari amatsinda 28 mu bigo by’amashuli 28, 16 byo mu karere ka Bugesera na 12 byo

mu karere ka Nyarugenge, ukaba utangaza ko ugendera ku nkingi eshanu ziganisha ku

mahoro ari zo ukuri, ubwisanzure, ubworoherane, ubuvandimwe no gukunda igihugu.

 

Inkuru yanditswe na Cypridion Habimana

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *