Muri 2030 indwara ziterwa n’umwanda zigomba kuba zarandutse burundu

 

Ni ibyagarutsweho ku munsi mpuzamahanga wo kurwanya indwara zititaweho uko bikwiriye  wizihijwe ku 30 Mutarama 2024 kunshuru ya 3 ,mu murenge wa  Masaka mu karere ka Kicukiro.

uyu muhango witabiriwe n’ abayobozi batandukanye munzego z’ubuzima, abaturage b’akarere ka kicukiro n’abandi’ aho bose bahurizaga  kuguhashya burundu indwara ziterwa n’umwanda byibuze mu 2030 zikazaba zararandutse burundu kandi ngo birashoboka.

Abayobozi batandukanya bari bitabiriye uyu muhango

 

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro Mutsinzi Antoine  yashimiye abitabiriye uyu muhango anibutsa abaturage ko bagomba kwitwararika ku isuku y’ ahantu hose kuko aribyo bizaturinda kwandura izi ndwara zose ziterwa n’umwanda.

Yagize ati”abaturage mwese muri hano  ndabasaba kugira isuku ihagije tukayitaho uko bikwiye ,tukayitwararikaho cyane ko bamwe muri twe hari abaturiye ibishanga , mbese isuku tuyigire umuco wacu, kandi rwose birashoboka cyane, maze indwara ziterwa n’umwanda tuzihashye burundu”

 

Umuyobozi wa OMS mu Rwanda Jules Mugab

Mugabo Jules ni umuyobozi wa OMS mu Rwanda avuga ko  mu 2030 indwara ziterwa n’umwanda zigomba kuba zararandutse burundu

Ati” tugomba kurwanya indwara ziterwa n’umwanda byibuze mu 2030 zikaba zararandutse burundu cyane ko ubu mu Rwanda higanjemo inzoka ya Bilaliziyoze ikaba itera indwara y’umwijima”

Umuyobozi w’ishami rya malaria n’indwara ziterwa n’udukoko bita “parasites” muri RBC yavuze ko umubare w’abarwara indwara zititaweho zigenda zigabanuka aho byavuye kuri 60% bikagera 41% gusa ngo inzira iracyari ndende.

Ati “nubwo intambwe imaze guterwa ishimishije,inzira iracyari ndende, aho abana bari munsi y’imyaka itanu bandura cyane , gusa abajyanama b’ubuzima baradufasha bakabaha ibini by’inzoka, kandi rwose aho izi ndwara zandurira turahazi n’uburyo bwo kuzirinda turabuzi, rero kuzihashya birashoboka hanyuma iyimyaka 6 isigaye zikazaba zararandutse burundu”.

 

Bigirimana Noela umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihu cy’ubuzima RBC

Noela BIGIRIMANA ni umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC ati” dufatinyije n’inzego zibanze hamwe na leta izi ndwara tugomba kuzihashya burundu  abakuru n’abato bagahabwa ibinini by’inzoka hanyuma intego yacu yo guhashya indwara ziterwa n’umwanda ikazaba yagezweho mu 2023.

Indwara ziterwa n’umwanda zirimo inzoka zo munda,kurumwa n’inzoka, imidido,igicuri,ibibembe n’amavunja.Insanganyamatsiko y’uyumunsi ikaba igira iti” Tujyanemo mu isuku n’isukura duhashye indwara ziterwa n’umwanda”.

 

umwanditsi: Mujawamaliya Josephine

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *